Posts

AMATEKA YO GUSENYUKA K'U RWANDA N'UBURYO RWIYUBATSE

U Rwanda ni Igihugu kigenga, abaturage bacyo bitwa Abanyarwanda. Ubuso bw’u Rwanda bungana na km 2 26 338. Ruherereye hagati y’imirongo mbariro yo k’urugero rwa dogere hagati ya 1 o 20‘ na 2 o 50‘, munsi gato y’umurongo mbariro ugabanyamo isi kabiri no hagati y’imirongo miganda yo ku rugero rwa dogere hagati ya 28 o 50` na 30 o 35`. Igihugu cy’u Rwanda ntigikora ku nyanja kandi gikikijwe n’ibihugu bine: Uganda mu Majyaruguru, u Burundi mu Magepfo, Tanzaniya mu Burasirazuba na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Burengerazuba. U Rwanda rufite ubutumburuke burangwa n’ibibaya, imisozi, ibitwa n’ibirunga n‘ibindi. Rufite kandi urusobe rw‘ibimera n’ibinyabuzima ndetse rukagira ikigereranyo cy’ubushyuhe cyo hagati (moderate) kandi u Rwanda rufite ahantu henshi nyaburanga. Abanyarwanda benshi bahuriye ku muco w’igihugu, niwo ugenda bose kandi bumvikana ku rurimi rumwe rw‘igihugu ari rwo: “Ikinyarwanda”. Abanyarwanda basangiye amateka yo hambere n’aya vuba y‘igihugu. U Rwand...

INKOVU IKOMERETSE IRUSHYA ABAVUZI

U Rwanda ni igihugu kimaze imyaka amagana kibayeho. Abanyarwanda barangwaga n’imibanire yashyigikirwaga n’indangagaciro z’umuco w’igihugu, ukarangwa no gukunda igihugu, kugira ubumwe no gukunda kuba indashyikirwa mu gutera imbere bishingiye ku murimo. Ubwo abanyaburayi badukaga mu Rwanda cyanecyane Abadage baje mu 1894, basanze u Rwanda ari igihugu cyubakitse mu rwego rw’imiyoborere. Umwami yari Umuyobozi w’ikirenga w’Igihugu agategekana n’Umugabekazi. Itsinda ry’abajyanama b’ibwami aribo Abiru, ryari rishinzwe kumenya amabanga y’ubwami no kubahiriza imihanga y‘inzira z’ubwiru barinda umwimerere w’imiyoborere Nyabami. Habagaho umutware w‘umukenke ashinzwe ibyerekeye inka, kuko cyari ikimenyetso gikomeye mu mibanire y‘Abanyarwanda. Umutware b’ibikingi wari bashinzwe ubutaka n’ibibukorerwaho ndetse hariho n’umutware w’Ingabo z’Igihugu. Abo bose bakagira abagaragira kuva ku rwego rw’igihugu kugera  ku rwego rwo hasi. U Rwanda cyari igihugu kiza kandi gifite inzego z’imiyobor...

AMATEKA Y'INTAMBARA YO KU RUCUNSHU

Image
Ingoma y’u Rwanda yibyara amahari, 1895               2.1.           Impagarara mu izungurwa ry’Umwami KIGELI V Rwabugili. Izungurwa rw’ Umwami KIGELI V Rwabugili riratwereka inzira Abadage banyuzemo ngo binjire mu butegetsi bw’u Rwanda. Ubwo hari intambara zavutse nyuma y’iryo zungurwa. Nyuma Ababiligi baje mu Rwanda bakurikiyemo Abadage, nyuma baza gukwirakwiza inyigisho z’amacakubiri bagamije guhirika Ubwami bw’u Rwanda. Izo nyigisho zakoreshejwe n’ubutegetsi bwakurikiyeho zibyara urwango rukomeye rwavuyemo imbaraga zakoreshejwe mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Umwami KIGELI V Rwabugili yategetse Ubwami bw’u Rwanda kuva mu mwaka 1853 kugeza 1895, aratanga. Kuzungurwa kwe kwateje impagarara mu Bwami bw’u Rwanda ndetse bukurizaho ubwehe bwo guhirima burundu. Izo mpagarara zikomeye mu Bwami zatewe n’amakosa akomeye Umwami KIGELI V Rwabugili yakoze akiriho, yabaye imbarutso y...