Posts

Ingoma ya Yuhi II Gahima

Ingoma ya Yuhi II Gahima Mibambwe I yatangiye ahitwa mu Marangara aho abiru bitaga “Nduga” ni ukuvuga ko icyo gihe igihugu cyari hagati ya Nyabarongo n’Akanyaru. Niho Yuhi II yimikiwe. Nta kitubwira ibyabaye ingoma ye igitangira twakwibwira ahari ko yahise atangira intambara zo kwigarurira ibindi bihugu. Yuhi II yambuka Nyabarongo yigarurira Nyantango yubaka urugo rwe I Nzaratsi. Yigarurira kandi u Budaha n’u Bwishaza bwari nk’ubwami bumwe. Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugera ku Kivu. Akomeza yigarurira u Bugamba, Itare, I Cyingogo, u Bwanamwali, u Bushiru n’u Buhoma. Abategetsi baho babarekeraho kugeza igihe cya Rudahigwa basa nk’abigenga. U Bugara buterwa n’ igitero cyari cyiyobowe na n’uwitwaga Zuba wa Gitore(wa Kigeli I Mukobanya). Afata u Murera n’ikibaya cyiri hagati ya Mukungwa n’ibirunga. U Bugara bwari bwarambuwe uduce twarwo two hino ya Mukungwa ku ngoma ya Mibambwe I, ubu nabwo bari bamaze kubwambura uduce two ku birunga ahari bibwira ko ariho bwagarukiraga, nti

Guhirima k’Ingoma y'Umwami Yuhi V Musinga

Ababiligi bamaze gutsinda intambara mu 1916, Abadage barahunze, ingabo z'Umwami Yuhi V Musinga zibura ako zigira ziguma aho. Umwami Yuhi V Musinga ntiyashoboye kumvikana n'Ababiligi kuko bashatse cyane kwivanga mu miyoborere y'u Rwanda ndetse bagashaka guhindura imyemerere y'Abanyarwanda. Mbere na mbere Ababiligi bambuye Umwami kuba Umukuru w’Igihugu. Bashyizeho uburyo bw’imiyoborere bwaturukaga mu bwami bw’u Bubiligi. Mu mwaka wa 1917, nyuma y’umwaka umwe bageze mu Rwanda bashyizeho "Rezidansi" y'u Rwanda. Hategekaga Majoro Declerk (Soma Dekeleriki) ; imitegekere y’u Rwanda yarahinduwe cyane ariko hagenda hashyirwaho indi yihariye izwi cyane n’Ababiligi. Bashyiraho za ‘ Teritwari’ ari nako batoranya abatware bo kuziyobora. Mu gihe cy’ubukoroni bw’Ababiligi, uku niko ubutegetsi bwakurikiranaga mu gukomera: ·          Leta y’u Bubiligi ihagarariwe n’Umwami w’u Bubiligi niyo yari hejuru ; ·          Minisitiri ushinzwe ibihugu bikoronizwa n’u Bu